REBECCA CYUZUZO YABAYE MVP MURI AMERIKA
Umunyarwandakazi ukiri muto Rebecca Cyuzuzo, w’imyaka 18, yahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza w’ikipe yose (MVP) mu ishuri rya Ben Ford Christian School mu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Cyuzuzo kandi yashyizwe mu bakinnyi beza bo mu ishyirahamwe ry’amashuri yigenga rya Midsouth Association of Independent Schools, rihuza amashuri yo muri Mississippi, Tennessee, Louisiana na Arkansas. Imikinire ye myiza yatumye atoranywa mu mukino w’abakinnyi b’indashyikirwa bo muri izo leta eshatu, aho yagaragaye nk’umukinnyi mwiza kurusha abandi.
Uyu wahoze akinira Hoops Rwanda ndetse akaba yarabaye umwe mu bagize ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Nzeri umwaka ushize ku bursari ya Basketball.
Mbere yo kuva mu Rwanda, yari yitwaye neza muri shampiyona y’abagore ya Basketball, aho yatsinze amanota 183, afata rebounds 170, atanga assists 26, akora blocks 11, ndetse agira amanota y’imikinire (efficiency rating) ya 230 mu mwaka wa 2025.
Mu ishuri rye rishya, Cyuzuzo yagereranyaga amanota 20 na rebounds 15 kuri buri mukino, kandi yagaragaje ubuhanga mu gufata umupira, gutanga imipira no gutsinda amanota nubwo akina nka “big player”.
Umutoza we Derek Dantin yavuze ko yagize “uruhare rukomeye cyane” mu ikipe kandi agaragaza icyizere ko azagera ku rwego rwo hejuru muri uyu mukino.
Yagize ati: “Aha muri Amerika, yamaze gukurura inyungu z’amakaminuza menshi. Nizera rwose ko azaba umukinnyi wabigize umwuga.”
Cyuzuzo ategerejwe i Kigali mu ntangiriro z’icyumweru gitaha kugira ngo yitabire BAL4Her, igikorwa cyateguwe na Basketball Africa League (BAL) mu rwego rwo guteza imbere uburinganire hagati y’abagore n’abagabo mu bakunda Basketball ndetse n’abafatanyabikorwa bo mu gihugu.
Byanditswe na Igiraneza Migisha Janviére