BREAKING rayon sports wfc wins the peace cup after defeating police wfc rayon sports wfc yegukanye igikombe cy’amahoro itsinze police wfc simba queens prend sa revanche sur yanga princess simba queens yihanije yanga princess simba queens avenge themselves against yanga princess

APR WVC Yatsinze Police WVC 3-1 mu Mukino Wari Uryoshye wa RNVL 2025–2026

APR WVC Yatsinze Police WVC 3-1 mu Mukino Wari Uryoshye wa RNVL 2025–2026

APR WVC Yatsinze Police WVC 3-1 mu Mukino Wari Uryoshye wa RNVL 2025–2026

‎Mu mukino wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagore wa 2025–2026, utegurwa n’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda, Rwanda Volleyball Federation, ikipe ya APR WVC yitwaye neza itsinda Police WVC amaseti 3 kuri 1.

‎Uyu mukino wabereye muri Petit Stade, wari uw’icyiciro cya kabiri (Phase II), umunsi wa 13 wa shampiyona (Round XIII), aho amakipe yombi yagaragaje imbaraga n’ishyaka ridasanzwe imbere y’abafana bari bitabiriye ari benshi.

‎APR WVC yatangiye umukino yotsa igitutu Police WVC, iyobora umukino mu iseti ya mbere iyitsinda ku manota 25-17. Abakinnyi ba APR bagaragaje imikoranire myiza cyane, cyane cyane mu kugarira no mu kuburizamo imipira (blocks) ku rushundura.

Description: C:\Users\THINK BIG\AppData\Local\Microsoft\Windows\INetCache\Content.Word\WhatsApp Image 2026-02-15 at 23.16.41.jpeg‎Mu iseti ya kabiri, Police WVC yagarutse ifite inyota yo kwishyura. Yitwaye neza mu kwakira no mu gutanga imipira, bituma iyitsinda ku manota 25-22. Byagaragaye ko umukino ugiye gufata indi ntera, amakipe yombi atangiye kunganya imbaraga.

‎Nubwo Police yari yazamutse mu mikinire, APR ntiyacitse intege. Mu iseti ya gatatu, APR yongeye gushyiraho igitutu iyitsinda 25-19. Iseti ya kane na yo yabaye ishyamba, ariko APR irushaho gukomera itsinda 25-22, ihita yegukana umukino ku maseti 3-1.

‎📊 Uko Amaseti Yagenze:

‎APR 25 – 17 Police

‎APR 22 – 25 Police

‎APR 25 – 19 Police

‎APR 25 – 22 Police

‎Uyu mukino wagaragayemo guhangana gukomeye ku rushundura, cyane cyane mu kuburizamo no mu gusatira. Abakinnyi b’impande zombi bagaragaje urwego rwo hejuru, bigaragaza ko shampiyona ya RNVL 2025–2026 irimo guhatana gukomeye.

Description: C:\Users\THINK BIG\AppData\Local\Microsoft\Windows\INetCache\Content.Word\WhatsApp Image 2026-02-15 at 23.16.41 (1).jpeg

‎Intsinzi ya APR WVC ikomeje kuyishyira mu myanya myiza ku rutonde rw’agateganyo, mu gihe Police WVC izasabwa gukosora amakosa agaragaye muri uyu mukino kugira ngo izitware neza mu mikino itaha.

‎Byanditswe na Igiraneza Migisha Janviére

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!