ABAKINNYI BA RAYON SPORTS WFC BANZE IMYITOZO KUBERA IBIRARANE BY’UDUHIMBAZAMUSHYI N’UMUSHAHARA
Abakinnyi ba Rayon Sports WFC banze gukora imyitozo ku wa Gatatu no ku wa Kane, nyuma yo kutishyurwa ibirarane by’uduhimbazamushyi (Prime) n’umushahara w’ukwezi kwa Mutarama 2026.
Aba bakinnyi bageze mu Nzove aho basanzwe bakorera imyitozo, ariko barataha badakoze imyitozo. Bavuga ko buri mukinnyi arimo kwishyuzwa ibihumbi 190Frw bya Prime z’imikino irimo (Indahangarwa, Kamonyi, Forever na Macuba) hiyongereyeho umushahara w’ukwezi kwa mbere k’uyu mwaka.
Ubuyobozi bwari bwabijeje ko hari amafaranga ava muri FERWAFA azabafasha gukemura iki kibazo. Icyakora, bageze mu Nzove babwirwa ko habaye kwibeshya mu kwandika nimero ya konti, bituma amafaranga adatangwa.
Abakinnyi bo bavuga ko ibi babifata nk’ikinoma, kuko bemeza ko ayo mafaranga yageze ariko agakoreshwa mu bindi. Kugeza ubu, ntiharamenyekana igihe ikibazo kizakemukira, mu gihe imyitozo ikomeje guhagarara.
Byanditswe na Igiraneza Migisha Janviére